{"id":1412,"date":"2012-07-01T20:24:45","date_gmt":"2012-07-01T20:24:45","guid":{"rendered":"http:\/\/paulkagame.com\/_test_&#038;web\/?p=1412"},"modified":"2017-07-20T18:15:12","modified_gmt":"2017-07-20T18:15:12","slug":"ijambo-rya-nyakubahwa-paul-kagame-perezida-wa-repubulika-yu-rwanda-ku-isabukuru-yimyaka-50-yubwigunge-4","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/?p=1412","title":{"rendered":"Ijambo rya Nyakubahwa Paul Kagame Perezida wa Repubulika  y\u2019u Rwanda ku Isabukuru y\u2019imyaka 50 y\u2019ubwigenge"},"content":{"rendered":"<div id=\"fb-root\"><\/div>\n<p><strong>Stade Amahoro &#8211; 1 Nyakanga 2012<\/strong><\/p>\n<p>Nejejwe no kubakira no kubaha ikaze kuri uyu munsi twizihiza isabukuru y\u2019imyaka 50 y\u2019Ubwigenge. Namwe Banyarwanda, ndabashimira kuba twageze kuri uyu munsi w\u2019ingenzi mu mateka y\u2019igihugu cyacu, no kuba tukiriho n\u2019ubwo twanyuze mu mibazo byinshi. Mpaye ikaze by\u2019umwihariko inshuti z\u2019u Rwanda baturutse imihanda yose kugira ngo bifatanye natwe kuri uyu munsi.<\/p>\n<p>Iki ni igihe cyo kwisuzuma tukanatekereza ku bihe byahise, tukiteganyiriza ejo hazaza heza.<\/p>\n<p>Muri iyi myaka icumi turimo, \u00a0ibihugu byinshi by\u2019Afurika bizizihiza imyaka 50 bimaze byigenga. Imyaka 50 ni igihe \u00a0gito \u00a0mu mateka y\u2019igihugu, ariko ni kirekire bihagije kuba hari byinshi byiza byakorwa mu guhindura imibereho y\u2019abaturage. \u00a0Mu Rwanda,mu myaka 18 ishize nibwo twashoboye \u00a0kwisubiza icyubahiro, agaciro n\u2019ibituranga nk\u2019Abanyarwanda \u00a0twabuze inshuro ebyiri: mu gihe cy\u2019ubukoroni \u00a0na nyuma yaho tuboneye ubwigenge. <!--more--><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Iki kinyejana bamwe bitiriye Afurika kiduha amahirwe u Rwanda ndetse n\u2019Afurika twakubakiraho kugirango tugire ejo hazaza heza.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Mu gihe kirenga ikinyejana, dushyizemo imyaka 50 tumaze tubonye ubwigenge, Afurika yatakaje amahirwe menshi, ihomba byinshi bitewe n\u2019imibanire n\u2019amahanga itaraduhaga agaciro nk\u2019ibindi bihugu by\u2019isi, ahubwo itwambura n\u2019ibyacu.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Iyi mibanire ishingiye ku karengane n\u2019ubusumbane yashobotse kuko bamwe mu baturage b\u2019ibihugu by\u2019Afurika , ndetse na bamwe mu bayobozi bayemeye bakanayishyira mu bikorwa. Mu gukora batyo bagambaniye banatesha agaciro icyagombaga kuba Ubwigenge.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Amwe \u00a0muri ayo makosa dufite ubushobozi bwo kuyakosora. Ariko tuzabigeraho ari uko tubaye intwari n\u2019abanyakuri, tukemera inshingano zacu, tukirinda kugereka ingaruka z\u2019ibyatubayeho ku bandi. Ikigaragara n\u2019uko ubunyangamugayo n\u2019ubupfura bisa nibyataye agaciro \u00a0muri iki gihe.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Iyo myumvire y\u2019uko twakorewe amakosa kandi ko agomba gukosorwa n\u2019abandi ituma tutishakamo ibisubizo by\u2019ibibazo duhura na byo. Tugomba kurenga iyi myumvire tugahangana n\u2019ibyo bibazo, nk\u2019uko baca umugani mu Kinyarwanda ngo \u201cIjya kurisha ihera ku rugo\u201d cyangwa ngo \u201cak\u2019imuhana kaza imvura ihise\u201d.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Tuzi neza ko muri uru rugendo, hagiye hazamo n\u2019ibindi biturutse hanze bivangira ubuyobozi bwo muri Afurika, akenshi bigashyigikira ubuyobozi budafite icyo bubazwa n\u2019abaturage kandi bikazamura inyungu zitari iza rusange.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Tumaze igihe kirekire twareguriye uruhare rwacu rwo guhindura ibihugu byacu abantu n\u2019imiryango bidashingiye kuri leta kandi badafite uburyo bugaragara bwa accountability, uretse kuri bo ubwabo. Ingaruka y\u2019ibi n\u2019uko \u00a0bafashe ibihugu byacu bagasa nabaduheza. Ibi ntakirambye cyabishingirwaho, ari nayo mpamvu tugomba gufata uyu mwanya tugahindura nyakuri icyerekezo cyacu.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Abanyarwanda bamaze imyaka myinshi babwirwa ibinyoma byahimbiwe mu gihugu no hanze yacyo,ndetse bakabyemera, bigahindura isura y\u2019ibintu byose ku bo turibo, abo twakabaye turibo, n\u2019ibyo twakora kugirango tugire iterambere nyaryo muri Afurika, no mu Rwanda, by\u2019umwihariko.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Cyakora, amaherezo ukuri ntiguhera kuko ibikorwa nyabyo birigaragaza, nkuko ingaruka z;ibinyoma zitihisha.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Naho tuvugira uyu munsi, dukomeje kubona \u00a0ibibazo biterwa no kwivanga, kuvuga indimi ebyiri (uburyarya), ndetse nabo ibibazo bireba batabigira ibyabo kugirango bibonerwe ibisubizo nkuko bikwiye. Ubu buryo bwirenganywa ntibukwiye kwihanganirwa niba dushaka kwigira ku byo twanyuzemo muri iyi myaka 50 ishize.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Tumaze igihe kinini twaragabije Igihugu cyacu abandi bantu batagira uwo bagaragariza imikorere uretse bo ubwabo. Ibi byatumye tutagira ubwinyagamburiro. Ibi ntibigomba gukomeza bityo, duhere ubu duhindure be iyi mikorere. Ubu igikwiye kuturanga ni ubufatanye, kutagira uhezwa, no guha agaciro buri wese.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Mu gihe tureba ejo hazaza, tugomba kumenya ko ubwigenge no kwibohora ari inzira buri wese agomba kwuzuzuzamo inshingano ze. Tugomba kubakira ku masomo abakurambere bacu berekanye yo kwitanga, ubutwari ndetse no kudatezuka ku ntego mu gihe basabaga ubwigenge.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Uyu munsi uburyo bwo kudutegeka bwahinduye isura aho babishyira mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ubwisanzure bwo kuvuga n\u2019ubutabera mpuzamahanga.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Kugira ngo tugere ku mibereho myiza y\u2019abaturage bacu, tugomba kurwanya ibyo byose twese dushyize hamwe mu nzego zose haba mu gihugu no mu mahanga hamwe no guhuriza hamwe ubukungu na politiki muri Afurika. Ubwisanzure n\u2019iterambere by\u2019ibihugu byacu biruzuzanya.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Mu Rwanda, muri ki gihe dutera indi ntambwe muri uru rugendo, tugomba gukomeza indangagaciro zaturanze kugeza ubu. Ubumwe, gukunda umurimo, kubahana no kuzuzanya.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">U Rwanda rufite inshingano ikomeye yo gushyigikira umutekano n\u2019amahoro mu Karere ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Tuzi neza ko tugomba gufanya n\u2019abandi mu rugendo turimo. N\u2019ubwo ubwigenge bwacu tubukomeyeho, tugomba no dufatanya n\u2019ibihugu by\u2019inshuti dushingiye ku ihame ry\u2019ubwubahane n\u2019uburinganire .<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Muri iki gihe Abanyarwanda twahisemo inzira yo kw\u2019ishakamo ibisubizo \u00a0ariko tunashyigikira ubufatanye n\u2019abandi kuko ari ngombwa.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Turebye mu myaka 50 iri imbere ni ngombwa ko dushyigikira cyane uruhare rw\u2019urubyiruko \u00a0kuko ni bo ndongozi z\u2019impinduka \u00a0n\u2019iterambere rw\u2019ejo hazaza.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Ni inshingano zacu kuraga urubyiruko u Rwanda rwiza kurusha urwo twebwe twarazwe. Ariko ni ngombwa ko urubyiruko rumenya ko narwo rufite inshingano zo gukomeza kugeza u Rwanda ku rundi rwego.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Reka nsoze nongera gushimangira ko ubwigenge bwacu bugomba gushingira ku mbaraga zacu ariko tuzakomeza gufatanya n\u2019abandi. Ibyo ari byo byose, tugomba kumenya ko uruhare rwa mbere ruri mu maboko yacu.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Reka nongere \u00a0mbashimire ba Nyakubahwa, Bashyitsi bahire \u00a0ko mwifatanije natwe uyu munsi.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Reka kandi nibutse Abanyarwanda ko hakiri ibibazo byinsi bidutegereje, kandi birasaba ubwitange budasanzwe kuko \u00a0ntayindi nzira yo kugera ku iterambere. Ndizera ntashidikinya ko tuzabigeraho kuko mwagaragaje ko mubifitiye ubushobozi.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Mbifurije isabukuru nziza tuzirikana urugendo twafatanije kugeza aho turi ubu. \u00a0Reka dukomeze umuhate n\u2019ubufatanye dukorera ejo hazaza heza.<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\"><span style=\"font-size: 11.5pt; font-family: 'Cambria','serif';\">Murakoze<\/span><\/p>\n<p class=\"MsoNormal\" style=\"line-height: normal;\">\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Stade Amahoro &#8211; 1 Nyakanga 2012 Nejejwe no kubakira no kubaha ikaze kuri uyu munsi twizihiza isabukuru y\u2019imyaka 50 y\u2019Ubwigenge. Namwe Banyarwanda, ndabashimira kuba twageze kuri uyu munsi w\u2019ingenzi mu mateka y\u2019igihugu cyacu, no kuba tukiriho n\u2019ubwo twanyuze mu mibazo byinshi. Mpaye ikaze by\u2019umwihariko inshuti z\u2019u Rwanda baturutse imihanda yose kugira ngo bifatanye natwe kuri uyu munsi. Iki ni igihe cyo kwisuzuma tukanatekereza ku bihe byahise, tukiteganyiriza ejo hazaza heza. Muri iyi myaka icumi turimo, \u00a0ibihugu byinshi by\u2019Afurika bizizihiza imyaka&hellip;<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":10531,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_acf_changed":false,"footnotes":""},"categories":[3],"tags":[],"class_list":["post-1412","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-speech","post-has-thumbnail"],"acf":[],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1412","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=1412"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1412\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":10545,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/1412\/revisions\/10545"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/10531"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=1412"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=1412"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/paulkagame.rw\/2025\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=1412"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}